ABO TURIBO
U Rwanda ni igihugu kigizwe númubare munini w’urubyiruko. Imyaka yo hagati ibarwa nk’imyaka 19, kandi hafi 78% by’abaturage bari munsi y’imyaka 35. Nk’uko bivugwa (UN DESA, 2019), impuzandengo y’imyaka mu gihugu ni imyaka 20, kandi hafi 67% by’abaturage bari munsi y’imyaka 30 naho abafite kuva ku myaka 16 kugeza ku myaka 30 bagize hafi 27% by’abaturage bose (NISR), 2018b).

- AMAVU N'AMAVUKO
RYAF Legal personality
Ubuhinzi nicyo gikorwa nyamukuru cy’ubukungu mu Rwanda. ikigero cya 70% by’abaturage bakora uwo mwuga, naho hafi 72% by’abaturage bakora mu buhinzi. N’ubwo ingamba zitandukanye zo guhuza ibyifuzo by’igihugu zafashwe, ubushomeri mu rubyiruko bukomeje kuba ikibazo gikomeye mu Rwanda. Raporo y’ubushakashatsi bwakozwe níkigo cyígihugu cyíbarurishamibare ku miterere yakazi n’abagakora mu Rwanda mu mwaka wa 2020, ivuga ko umubare w’abanyarwanda bari mu kazi bangana na 56.4% naho ubushomeri mu rubyiruko bukaba ku kigero cya 22.4%.
- Intego Rusange
Guhindura imitekerereze y’urubyiruko cyane cyane ku mahirwe ari mu buhinzi/bworozi by’umwuga biganisha mu guhanga imirimo no guteza imbere ubukungu, Guharanira iterambere no kuzamura urubyiruko mu rwego rw’ubuhinzi/bworozi n’imirimo ibukomokaho ku rwego rw’igihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga; Korohereza no gufatanya n’urubyiruko rukora umwuga mu rwego rw’ubuhinzi mu gihugu hose; Kugenzura niba amasezerano mpuzamahanga n’amasezerano rusange agenga urwego rw’ubuhinzi bikurikizwa mu bikorwa by’urubyiruko ruri mu buhinzi/bworozi n’imirimo ibukomokaho;
Icyo Tubereyeho
Guha imbaraga, kuzamura, gukangurira, gukora ubuvugizi no kumenyesha urubyiruko n’amashyirahamwe y’urubyiruko kugira uruhare runini mu guhindura ubuhinzi binyuze mu kuzamura ubuhinzi, guhanga imirimo, kurema isoko ry’ibiribwa rihamye tutibagiwe kugera ku buhinzi/bworozi budaheza uwo ari we wese yaba ari igitsina gabo, gore ndetse n’abafite ubumuga.
Intumbero yacu
Kuba ihuriro ry’urubyiruko rukora Ubuhinzi/bworozi kinyamwuga ryubakira urubyiruko Ubumenyi n’ubushobozi kandi rutanga umusanzu w’ingenzi mu guhanga imirimo no kwihaza mu biribwa kugira ngo igihugu gitere imbere mu buryo burambye.


